• Long Term Savings Scheme Image
    EjoHeza - Izigamire, Uzagire amasaziro meza.

    EjoHeza ni ubwizigame bw'Igihe Kirekire, bwashyizweho na Guverinoma y'Urwanda binyuze mu itegeko No 29/2017. EjoHeza igufasha kwizigamira bityo uzagire amasaziro meza.

IBIREBA

Page line
EjoHeza yashyizweho na Leta y'u Rwanda binyuze muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi, igenwa n'itegeko N° 29/2017 ryo kuwa 29 Kamena 2017. EjoHeza ni ubwizigame bw'Igihe kirekire bukorwa ku bushake hafungurwa konti yo kuba umunyamuryango. EjoHeza ifasha Abanyamushara n'abandi bose babarizwa mu byiciro bikurikira:
(1) Abantu bikorera cg bakorera abandi mu byiciro by'imirimo itandukanye batagengwa n'amategeko y'umurimo cg amategeko yihariye.
(2) Umukozi ukorera umushahara hatitawe ku bundi bwiteganyirize yaba arimo, wifuza kwizigamira by'igihe kirekire (3) Umunyamuryango utakitabira ubwiteganyirize yari arimo ariko akaba ashobora kububonamo amafaranga hakurikijwe amategeko abugenga, akayimurira kuri konti ya EjoHeza yo kwizigamira by'igihe kirekire.
(4) Umwana uri munsi y'imyaka cumi n'itandatu (16) y'amavuko uteganyirizwa kuri konti y'ubwizigame bw'igihe kirekire yashyizweho n'umubyeyi cyangwa umwishingizi we. (5) undi muntu uwo ari we wese utavuzwe mu byiciro byavuzwe haruguru.

TUVUGISHE

Line

ABAFATANYABIKORWA

Line number 2

GUVERINOMA Y'U RWANDA


Goverinoma y'u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi yashyizeho EjoHeza, igenwa n'itegeko N° 29/2017. EjoHeza ifasha Abanyarwanda n'Abanyamahanga kwizigamira kugirango bazagire amasaziro meza.

ACCESS TO FINANCE


Access to Finance Rwanda (AFR) ni umuryango utegamiye kuri Leta watangijwe na Leta Y' u Rwanda hamwe n'iy'u Bwongereza. AFR yunganira ishyirwamubikorwa rya gahunda za EjoHeza hagamijwe gufasha Abanyarwanda kwizigamira no guteganyiriza izabukuru.

BANKI NKURU Y'U RWANDA


Banki Nkuru y'u Rwanda ni yo igenzura zimwe mu nzego z'imari ndetse n'urwego rwa pansiyo ari narwo EjoHeza ibarizwamo.

MTN RWANDA


MTN ni ikigo cy'itumaho ikaba ari umufatanyabikorwa wa EjoHeza. Hifashishijwe aba ajenti bayo, MTN ifasha abaturage kwiyandikisha no kwizigamira hakoreshejwe telephone zigendanwa.

AIRTEL RWANDA


Airtel ni ikigo cy'itumaho ikaba ari umufatanyabikorwa wa EjoHeza. Hifashishijwe aba ajenti bayo, Airtel/Tigo ifasha abaturage kwiyandikisha no kwizigamira hakoreshejwe telephone zigendanwa.

MOBICASH


MobiCash ni ikigo kizobereye mu ihererekanya ry'amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga. Mobicash kandi, ni umufatanyabikorwa wa EjoHeza ikaba ifasha abaturage kwiyandikisha no kwizigamira hakoreshejwe aba ajenti bayo.

BANKI YA KIGALI


Banki ya Kigali ni ikigo kizobereye mu ihererekanya ry'amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga. Banki y'Abaturage kandi, ni umufatanyabikorwa wa EjoHeza ikaba ifasha abaturage kwizigamira hakoreshejwe amashami n'aba ajenti bayo, ndetse na e-Banking.

Long term Savings Scheme

IBIBAZO BIKUNZE KWIBAZWA KURI EjoHeza

Line number 3

EjoHeza ni gahunda ya Leta igamije gufasha Abanyarwanda n'abanyamahanga batuye mu Rwanda kwizigamira by'igihe kirekire bityo bikabafasha kuzabona pansiyo mu gihe bazaba bageze mu zabukuru. Ikaba ishyirwaho n'itegeko No 29/2017 ryo ku wa 29/06/2017. Hari hamenyerewe ko pansiyo ihabwa abanyamushahara gusa ariko EjoHeza ifasha n'abandi banyarwanda bari mu byiciro by'imirimo itandukanye kwizigamira no kuzabona pansiyo bageze mu zabukuru }

Intego za EjoHeza ni izi zikurikira: .Kuzamura umuco wo kwizigamira mu Banyarwanda; .Guha buri Munyarwanda n'Umunyamahanga utuye mu Rwanda amahirwe yo guteganyiriza izabukuru; .Kuzamura ubukungu bw'igihugu no kurwanya ubukene.

1. Umunyarwanda wese ufite indangamuntu yatanzwe n'ikigo k'igihugu gishinzwe indangamuntu ndetse n'umunyamahanga utuye mu Rwanda;
2. Abandi bantu bose basanganywe ubundi bwiteganyirize mu bigo bitandukanye, bemerewe gufungura Konti ku bushake muri EjoHeza;
3. Ababyeyi cyangwa abishingizi bemerewe gufunguriza konti muri EjoHeza abana batarageza imyaka 16;
4. Abakoresha bashobora gushishikariza no korohereza abakozi babo gufunguza konti no kwizigamira muri EjoHeza.

Ni ngombwa kuba umunyamuryango wa EjoHeza kugirango mbashe kwizigamira by'igihe kirekire, nzabone pansiyo ngeze muzabukuru, bityo bimpe kuzagira amasaziro meza. Ikindi ubwizigame bwanjye muri EjoHeza bushobora no kumpesha amahirwe yo gukoresha igice cyabwo nkaba nabona icumbi, nkishyura amashuri n 'ibindi byinshi.

Umunyamuryango wifuza gufungura konti akanizigamira yakoresha inzira zikurikira: a) Yakoresha telephone igendanwa agakanda akanyenyeri 506 urwego (*506#) agakurikiza amabwiriza. b) Ashobora no kwifashisha, aba ajenti ba MTN, AIRTEL TIGO, MOBICASH, SACCOs, amabanki n'ibindi bigo by'imari bibyemerewe.

Nomero ya Konti y'umunyamuryango wa EjoHeza ni nomero y'indangamuntu ye. Ku banyamuryango batujuje imyaka 16, nomero ya Konti yabo ni nomero y'indangamuntu y'umubyeyi cyangwa umwishingizi we.

Mu gihe umubyeyi cyangwa umwishingizi yifuza gufunguriza konti umwana uri munsi y'imyaka 16, aca ku rubuga rwa EjoHeza ari rwo www.EjoHeza.gov.rw cyangwa akagana aba ajenti batanga serivise za EJO HEZA bakamufasha.

. Byaba ari akarusho umuntu usanzwe yiteganyiriza izabukuru mu buryo butegetswe aniteganyirije muri EjoHeza kugirango mu zabukuru azajye abona pansiyo yo muri EjoHeza n'iyo mu bwizigame butegetswe.

IBIRANGA EjoHeza

Line number 2

ABEMEREWE KUBA ABANYAMURYANGO


Abanyarwanda bose bafite indangamuntu yatanzwe n'ikigo cy'indangamuntu n'abanyamahanga batuye mu Rwanda bafite uburenganzira bwo gufungura konti ya EjoHeza

UBURYO BWO KWIZIGAMIRA N'UMUBARE W'AMAFARANGA


Wihitiramo umubare w'amafaranga n'igihe uzajya wizigamira (Buri kwezi, cg buri gihembwe, buri mezi 6 cg buri mwaka) hashingiwe ku icyo winjiza cyangwa ubushobozi bwawe

KWIZIGAMIRA MURI EjoHeza USANZWE UNITEGANYIRIZA NK'UMUNYAMUSHAHARA


Abanyamushahara basanzwe bateganyiriza pansiyo muri RSSB bashobora no gufungura konti ya EjoHeza bagateganyiriza pansiyo y'inyongera

FUNGURIRA KONTI UMWANA WAWE


Ushobora no gufungirira umwana utaruzuza imyaka 16 konti muri EjoHeza

BIROROSHYE GUFUNGURA KONTI


Ushobora kunyura ku rubuga rwa interineti (www.EjoHeza.gov.rw) cyangwa ugakoresha telefoni ngendanwa ugakanda *506# ugakurikiza amabwiriza

IBIGENERWA ABANYAMURYANGO BYASHYIZWEHO NA GUVERINOMA Y'URWANDA MU MYAKA 3


Buri mwaka Guverinoma izongerera umunyamuryango uri mu cyiciro cya mbere, icyakabiri n'icya gatatu wujuje ubwizigame busabwa, amafaranga adashobora kurenga 18, 000 RwF ku mwaka. Hazanatangwa kandi ubwishingizi bw'ubuzima bungana na 1,000, 000 ku muryango w'umunyamuryango witabye Imana ndetse na 250,000 RwF yo kumushyingura.

KUBAKA ICUMBI, KURIHA AMASHURI NO GUSABA IDENI MURI BANKI


Umunyamuryango ashobora gukoresha igice cy'ubwizigame bwe agamije kubaka icumbi, kuriha amashuri cyangwa no gusaba inguzanyo muri banki.

PANSIYO YA BURI KWEZI


Umunyamuryango azajya ahabwa pansiyo ya buri kwezi guhera ku myaka 55 mu gihe cy' imyaka 20